Nitwa BARICONDO ETIENNE nkorera muri Kenya nifuzaga ko najya mbitsa amafaranga yanje ndi muri Kenya nabigenza gute?
umuntu akeneye amakuru yimbitse ku masoko y’imari n’imigabane yabarizahe?
Bagombye gushyira mu gaciro. Jye mbere y’Intambara nari mfitemo Konte, nyuma muri Génocide barandasa, ariko Imana ikinga akaboko kayo sinapfa ahubwo ndakomereka cyane, na none ya Mana yanyoherereje abo nakwita Abamaraika bayo, bankura aho nari ntuye banjyana mu bitaro byari CHK yicyo gihe aribyo CHUK y’ubu, ndi muri CHK Interahamwe zica abana banjye bose uko ari 4 twari tumaze kubyara n’ukuvuga abahungu 3 n’umukobwa 1 umwana muto muribo yari afite imyaka 8, ubwo intambara na Génocide bikomeje, na none Imana ikoresha abagiraneza bahunze barampungana, dore ko ntashoraga kugenda kuko naraterurwaga ubwo barampunganye ngera muri Zaïre ariyo DRC y’uyubu. Ngeze mu buhungiro duhurirayo n’impunzi z’iwabo wuwo twari twubakanye kuko yari uwo ahahoze hitwa Kibuye iRubengera, izo zitubonye ngendera ku Mbago bati, mbese mwebwe muracyariho! Bati nangwa nawe warakomeretse ariko uracyahumeka wenda uzakira! Bati kwa sobukwe ho nta n’uwo kuzabara inkuru wasigaye! Twigeze tubara abari abo mu muryango wo kwa Databukwe bishwe turenza abantu 60! Ibyo by’iyo nkuru mbi biba byiyongereye kuri ba bana bacu 4 bishwe kugeza n’ubu tutarabona n’ibisigazwa by’imibiri yabo! Mu gihe gito nyuma y’imyaka 2 ndibuka hari kuwa 14/06/1996 uwo twashakanye aba afashwe n’uburwayi budasobanutse, turavuza, bitinze kwa muganga batubwira ko ari umutima arwaye, bati ubwo ni ingaruka by’ibyatubayeho umutima we wananiwe kwihanira! Ndagumya ndarwazarwaza ariko biranga nyuma y’imyaka 8 murwaje, nawe kuwa 25/07/2004 ashiramo umwuka. Ubwo ndi mu mahanga! Ndamuhambisha. Aho naje kugarukira mu gihugu nsanga, nzajye muri Banki kureba udufaranga nari mfite kuri Konti ngo ahari twamfasha nubwo atari menshi, ariko nasanze Banki ya Kigali aho kunyungukira ahubwo nasanze bamaze gukuraho arenga 11,000Frw!
Nababajije impamvu, barambwira ngo nayo gucunga Konti yanjye, nagerageje kutayifunga, ariko uko nje ngasanga bakuyeho andi kugeza naho nashyizeho amafaranga ngarutse kubikuza nsanga bakuyeho andi, ahubwo ndimo umwēnda kandi batarigeze banguriza! Nsabye gufungà Konti bansaba andi mafaranga ntibuka umubare ngo bemere ko nyifunga! Ubwo byatumye nzinukwa na Konti ndeka kuyikoresha kugeza ubu. Ûbu sinzi uko byifashe kuko nabonye ibyabo bishakira inyungu gusa ntibateketeze ku mukiriya wabo. Byarambabaje kuko kera yari imwe mu ma Banki twimiraga imikorere yayo no kudakerereza umukiriya. Wageragayo, bakagukorera ibyo bagukorera, ukagenda basigara batunga ibyabo, ariko umukiriya bamuhaye service yifuzaga!